Connect with us

Afurika

U Burundi bwasobanuye impamvu hari Abarundi bashakaga kwinjira mu Rwanda bakagarukira ku mupaka

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Burundi, Albert Shingiro yavuze ko iki Gihugu cyo kitarafungura imipaka iruhuza n’u Rwanda bityo ko nta bantu bemerewe kuyambuka.

Minisitiri Albert Shingiro

Yabivuze kuri uyu wa Mbere tariki 07 Werurwe  ubwo Igihugu cy’u Rwanda cy’igituranyi n’u Burundi cyatangiraga icyemezo cyo gufungura imipaka yo ku butaka igihuza n’ibihugu by’ibituranyi.

Albert Shingiro yavuze ko nubwo u Rwanda rwafungiye imipaka iruhuza n’u Burundi ari inkuru nziza ariko ko u Burundi bwo butarayifungura kubera impamvu yari isanzweho.

Yavuze ko icyatumye imipaka ifungwa hagati y’Ibihugu byombi kuva muri 2015, kitararangira burundu nubwo Ibihugu byombi bikiri kuganira kugira ngo bitore umuti w’ibibazo bimaze igihe hagati yabyo.

Ati “Turimo turakorana kugira ngo turebe ko imigenderanire igenda neza icyo gihe rero ibiganiro dufitanye n’u Rwanda birimo biragenda neza bigeze kure, nababwira ko bitararangira burundu.”

Yavuze ko kuba u Rwanda cyafashe icyo cyemezo cyo gufungura imipaka ari byiza, “ariko ku ruhande rw’Igihugu cyacu ntiturafungura, umunsi twafashe icyemezo cyo gufungura, tuzabimenyesha abanyamakuru n’Abarundi kugira ngo babimenye.”

Albert Shingiro wahuye na mugenzi we w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta muri 2020, ku mupaka wa Nemba, yavuze ko igihe ibibazo biri hagati y’Ibihugu byombi bizaba byarangiye, ari na bwo Igihugu cye kizafungura imipaka bityo imigenderanire ikongera kuba ntamakemwa.

Ukeneye kwamamaza! Gusobanuza! Gutanga amakuru? Hamagara 0788772818
REBA YouTube Channel UMUSEKE TV video nziza nk’iyi. UKORA LIKE SHARE na COMMENT

UMUSEKE.RW

4 Comments

4 Comments

  1. Migabo

    March 7, 2022 at 10:21 pm

    Leta yu Burundi irasobanutse cyane inasobanura ibintu byayo kumurongo ugororotse.

    • Jean

      March 8, 2022 at 1:05 am

      Nibyo, ni ukubanza igakingira abantu bayo, harya yakingiye bangaye %, ariko gusobanuko ko irasobanutse, ntabwo bivuga ngo u Rwanda rufunguye nabo bahite bafungura nka TZ cg Congo…nukubanza ibiganiro nka 2015.

  2. Quatre-Vingt

    March 8, 2022 at 3:27 am

    @ MIGABO
    Hanyuma c ko numva uyishimagiza ntimwabwejagueaga ngo urwanda rwafunze Imipaka?
    Kwifunguye c kuruhande rwacu
    No bati ntibirakunda.
    None ngo Leta yuburundi irasobanutse??
    Wagiye Guturayo c?

  3. Kagabo

    March 8, 2022 at 6:56 am

    Ariko ntimugakunde ibintu byamarangamutima.abarundi barasobanutse se Niki avuze kidasanzwe?
    Buri gihugu kigira poritike yacyo.ahubwo se bategereje iki ko bavuze ko urwanda arirwo rwafunze imipaka.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Advertisement

Must See

More in Afurika